- Amakuru Media Ltd - https://amakuru.co.rw -

Miss Jolly yarangije A0 muri ‘Makerere University’…Ati “Yari inzira ikomeye”

Miss Jolly Mutesi yasoje amasomo y’ikiciro cya kabiri cya Kaminuza (A0) mu bijyanye n’imibanire mpuzamahanga muri Kaminuza ya Makerere aho yigaga muri gahunda  y’iyakure.

Miss Jolly urangije ikiciro cya kabiri cya kaminuza

Kuri uyu wa Kane tariki 16 Mutarama 2020 ni bwo Miss Mutesi Jolly na bagenzi be barangije amasomo muri Makerere University bashyikirijwe impamyabumenyi zabo.

Ku butumwa yanyujije kuri Instagram, uyu mukobwa wabaye Nyampinga w’u Rwanda muri 2016, yagaragaje ko atewe ishema no kuba arangije amashuri ye.

Yagize ati “Nta bundi buryo bwiza bwo gutangira umwaka wa 2020, ndumva nishimye ntewe ishema no kwiyita umulisansiye, nyuma y’imyaka ine yo gukora cyane gutakaza byinshi kugira ngo mbashe kugera ku rupapuro ruhenze mu buzima bwange.”

Yakomeje agira ati “Nababwira ko  yari inzira ikomeye  gusa mu kwihangana iyo witeguye neza ibidashoboka n’ibitunguranye  iyo bije bisanga ntacyo ubyijeje.”

Mutesi Jolly avuga ko iyo asubije amaso inyuma abona ubwigenge mu mpande zose .

Yagize ati “Uyu munsi ntayandi makenga, ndiyemeza mu mutwe ko ari umwanya wo gutangira kwinjira mu masezerano n’imishinga y’umusaruro w’intangiriro y’ubuzima bushya.”

Kuri twitter ya Miss Rwanda bagaragaje ko batewe ishema no kuba uyu mukobwa ubu uri no mu bagize akanama nkemurampaka k’iri rushanwa yasoje amashomo ye, bamwifuriza gukomeza gutera imbere.

Bagize abati “Iyo ubwiza  buhuye n’ubwenge…”

Bamwifurije amahirwe masa mu buzima bushya atangiye bw’abarangije ikiciro cya kabairi cya kaminuza .

Bari “Ufite ahazaza heza.”

Na we byamushimishije cyane

Josiane UWANYIRIGIRA
UMUSEKE.RW