- Amakuru Media Ltd - https://amakuru.co.rw -

Dr Vuningoma James wayoboraga Inteko y’Ururimi n’Umuco yapfuye

Dr Vuningoma James wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco (RALC/Rwanda Academy of Language and Culture) yitabye Imana.

Dr Vuningoma James witabye Imana

Dr Vuningoma James wayobora Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco kuva muri 2012, yitabye Imana azize uburwayi aho yari arwariye mu Bitaro byitiriwe Umwami Faisal.

Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco yababajwe n’urupfu rw’uyu musaza wari umuyobozi wayo watabarutse.

Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco (RALC) yashyize kuri twitter itangazo ry’akababaro ryo kubura nyakwigendera.

Igira iti “Inteko y’Ururimi n’Umuco ibabajwe no guhomba Umuyobozi mwiza wayiyoboye kuva yashingwa mu mwaka wa 2012 kugeza ubu kandi akaba yaramaze kugeza heza uru rwego ndetse n’iterambere ry’umuco n’ururimi muri rusange.”

Umuryango w’Inteko Nyarwarwanda y’Ururimi n’Umuco kandi uboneraho kwifuriza nyakwigendera “Kugira iruhuko ridashira.”

Yakoze inshingano zitandukanye mu nzego zinyuranye zirimo iz’Uburezi nko kuba yarabaye umuyobozi wungirije ushinzwe amasomo mu Ishuri rikuru rya Kigali ry’Uburezi (KIE) ubu ryabaye Ishami ry’Uburezi rya Kaminuza y’u Rwanda.

Azwi cyane mu bikorwa byo kubungabunga Umuco n’ururimi kuko yari n’umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inteko ibifite mu Nshingano.

Mu biganiro bye byinshi yakundaga kugaruka cyane ku ndangagaciro na Kirazira bikwiye umunyarwanda.

UMUSEKE.RW