- Amakuru Media Ltd - https://amakuru.co.rw -

Ron Weiss uyobora REG yijeje GAERG ubufatanye burambye

Kuri uyu wa Mbere Umuyobozi w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu Ron Wiess  yavuze ko ikigo ayobora kigiye kuzaha abakobwa ba GAERG barangije Kaminuza amasomo mu gukora amashanyarazi, nyuma abatsinze neza ikigo ayoboye kikabaha akazi.

Ron Weiss yasuye inzu ya GAERG yitwa Aheza Healing and Development Center iri mu murenge wa Ntarama mu Bugesera

Ron Weiss ukomoka muri Israel akaba nawe afite ababyeyi barokotse Jenoside yakorewe Abayahud( 1935-1948) yavuze ko  hari gahunda azakorana na bamwe mu Bayahudi bakajya baza guhugura abarokotse Jenoside mu ngeri zitandukanye, ku ikubitiro hakazahugurwa abazita ku bageze mu zabukuru.

Ron Weiss yabivugiye mu murenge wa Ntarama, mu Karere ka Bugesera aho yari yagiye kureba uko inzu ikigo ayoboye cyateye inkunga mu kubaka ihagaze no gusuhuza abakecuru n’abasaza barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bafashwa na kiriya kigo mu isanamitima.

Weiss yavuze ko iyo witegereje u Rwanda na Israel usanga hari ibyo ibihugu byombi bihuriye ho.

Ati: “ U Rwanda rufite ubuso bwa kilometero kare zirenga gato ibihumbi 26 n’aho Israel yo ifite ubuso burengaho gato kilometero kare ibihumbi 22. U Rwanda rutuwe n’abaturage miliyoni 12 n’aho Israel yo ituwe n’abaturage bagera kuri miliyoni 11. Buri gihugu cyahuye na Jenoside. Iwacu yakorewe Abayahudi, mu Rwanda ikorerwa Abatutsi…”

Avuga ko ibyo bintu uko ari bitatu byerekana ko ibihugu byombi hari ibyo bisangiye bityo ko bigomba gukora bikiteza imbere.

Uyu muyobozi wa REG avuga ko akazi Leta y’u Rwanda yamushinze ko guha ingo zose amashanyarazi azagakora neza.

Ikigo Aheza Healing and Carrier Development Center cyatashywe taliki 13, Mutarama, 2019. Umuhango wo kugitaha icyo gihe wari uhagarariwe na Minisitiri w’ubuzima Dr Diane Gashumba hamwe na Perezida wa GAERG Egide Gatari.

Ubwo yari ageze kuri kiriya kigo.
Yababwiye ko u Rwanda na Israel bifite amateka asa bityo ko ari ibihugu bigomba guharanira iterambere byanga bikunze
Weiss hamwe na Nsengiyaremye Fidel ubwo baganiraga n’abaturage barokokeye i Ntarama
Ababyeyi barokotse Jenoside bo mu murenge wa Ntarama Akarere Bugesera
Yasinye mu gitabo cy’abashyitsi ati: “Umutima wanjye uri namwe”
Ifoto y’urwibutso

Jean Pierre NIZEYIMANA

UMUSEKE.RW