- Amakuru Media Ltd - https://amakuru.co.rw -

Umuherwe Bill gates uri mu Rwanda yaganiriye na Perezida Kagame

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 20 Nyakanga 2026, yahuye n’Umunyemari akaba n’ukora Ibikorwa by’ubugiraneza, Bill Gates, washinze Umuryango Gates Foundation.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, byanditse ko baganiriye ku kongerera imbaraga ubufatanye burambye bw’u Rwanda n’Umuryango Gates Foundation harimo kwihutisha ubufatanye mu buzima, iterambere ry’ubuhinzi, Ubwenge Buhangano n’ibikorwaremezo bijyanye n’ikoranabuhanga mu guteza imbere iterambere ry’u Rwanda.

Bill Gates uri mu Rwanda , ku wa Mbere yari yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi, yunamira abarenga ibihumbi 250 bashyinguye muri uru rwibutso bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Yasuye ibice bitandukanye bigize Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, asobanurirwa amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, uburyo yateguwe ikanashyirwa mu bikorwa, ingaruka yasize ku Rwanda ndetse n’uburyo igihugu cyiyubatse nyuma ya Jenoside.