- Amakuru Media Ltd - https://amakuru.co.rw -

Rwanda Premier League yashyizeho amabwiriza mashya agenga amakipe yo muri Sudani

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwashyizeho amabwiriza mashya azagenga amakipe yo muri Sudani azakina muri BK Pro League mu mwaka w’imikino wa 2026/2027.


Aya mabwiriza yemejwe kuri iki Cyumweru, tariki ya 23 Kanama 2026, mu nama isanzwe ya Rwanda Premier League yabereye muri Sheraton Hotel mu Mujyi wa Kigali, ihuza abanyamuryango bose uko ari 16.

Rwanda Premier League nayo yemeje ko umwaka w’imikino wa 2026/2027 uzatangira ku wa 4 Nzeri 2026.
Kimwe mu by’ingenzi byemejwe ni uko igihe ikipe yo muri Sudani yaba iya mbere ku rutonde rwa shampiyona, itazahabwa igikombe cya BK Pro League, ahubwo izahabwa igikombe cy’icyubahiro (Honorary Trophy).

Igikombe cya BK Pro League kizahabwa ikipe yo mu Rwanda izaba yaragize amanota menshi kurusha izindi kipe zose.

Ku bijyanye n’ibihembo, amakipe yo muri Sudani azajya ahabwa ibihembo by’imikino yatsinze kimwe n’ibihembo bigenerwa abakinnyi bitwaye neza.

Abo bakinnyi bazajya bahabwa ibihembo kuva ku mukinnyi witwaye neza mu mukino kugeza ku mukinnyi mwiza w’umwaka, ku rwego rungana n’urw’abakinnyi b’amakipe yo mu Rwanda.

Mu yandi mabwiriza mashya, ikipe yo muri Sudani izaba yemerewe gukinisha icyarimwe abakinnyi batari Abanya-Sudani batarenze batandatu (6). Ku rupapuro rw’umukino, ikipe zo muri Sudani ntizemerewe gushyiraho abakinnyi batari Abanya-Sudani barenze umunani (8).

Aya mabwiriza aje mu gihe amakipe yo muri Sudani amaze kugira uruhare muri shampiyona y’u Rwanda, aho Al Hilal SC na Al Merrikh SC bari mu makipe azakina BK Pro League 2026/2027.  Muri iyi nama kandi hafatiwemo imyanzuro itandukanye igamije gutegura neza no guteza imbere umwaka w’imikino utaha.

Umwe mu myanzuro ikomeye wafashwe ni ukwemeza ingengo y’imari ya Rwanda Premier League y’umwaka w’imikino wa 2026/2027, ingana na miliyari imwe, miliyoni 280 n’ibihumbi 55 Frw (1,280,055,000 Frw).

Image