Thu. Mar 19th, 2026

Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), Dr. Patrice Motsepe yagaragaje ko Senegal ifite uburenganzira bwo kurega mu Rukiko Mpuzamahanga rwa Siporo (CAS) nyuma yo kutishimira umwanzuro yafatiwe wo kwamburwa igikombe cya Afurika cya 2025 kigahabwa Maroc.

Ni bimwe mu byo yatangaje mu kiganiro cyatambutse ku mbuga nkoranyambaga za CAF ku wa 18 Werurwe 2026 nyuma y’umwanzuro wafashwe n’Akanama gashinzwe Ubujurire muri CAF, ku mvururu zabaye ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika cya 2025 wabereye i Rabat muri Maroc ku wa 18 Mutarama 2026.

Muri uyu mukino, abakinnyi bavuye mu kibuga umukino utarangiye nyuma yo kutishimira ibyemezo byafashwe n’umusifuzi.

Nyuma y’izo mvururu, Komisiyo ishinzwe Imyitwarire muri CAF yahannye yihanukiriye amakipe yombi, ariko Maroc ntiyanyurwa n’umwanzuro wayo ahubwo ihitamo kujurira mu Kanama gashinzwe Ubujurire.

Umwanzuro w’ako Kanama wemeje ko Igikombe cyari cyegukanywe na Sénégal icyamburwa kuri mpaga y’ibitego 3-0, kigahabwa Maroc.

Perezida Dr. Motsepe yashyimye iki cyemezo, avuga ko ibyabaye ku mukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika bisubiza inyuma Ruhago ya Afurika.

Yagzie ati: “Reka mvuge ko ibyabaye ku mukino wa nyuma bisubiza inyuma imirimo myiza CAF imaze gukora mu myaka ishize myinshi. Ntabwo byerekana gukorera hamwe harimo kubaha amategeko n’amahame ya CAF n’ibiva mu mikino dutegura. Ibyabaye muri uriya mu mukino byadushyize hanze bitwereka ko hari byinshi byo gukora.  Duhitamo abagize izi nzego twaritonze cyane kandi bigirwamo uruhare n’ibihugu byose bya Afurika uko ari 54.”

Uyu muyobozi yakomeje avuga ko Senegal ifite uburenganzira bwo kurega muri CAS.

Ati: “Bambwiye ko Senegal agiye kujurira kandi ni ibyiza, buri ibihugu byose 54 bigize Afurika bifite uburenganzira bwo bagana izindi nzego zisumbuyeho nka CAS, kandi umwanzuro wayo na wo uzubahwa.”

Guverinoma ya Sénégal yasabye ko hakorwa iperereza kuri ruswa ishobora kuba yaratanzwe mu ifatwa ry’iki cyemezo bavuga ko kibobamye.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *