Sun. May 17th, 2026
  1. Kuva mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, tariki 17 Gicurasi 2026, imipaka ihuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), mu Karere ka Rubavu, yafunzwe kubera icyorezo cya Ebola gikomeje kwibasira iki gihugu.

 

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper yahamirije Igihe ko imipaka ibaye ifunzwe mu gihe kitazwi, mu buryo bwo gukumira iki cyorezo.

 

Ati “Imipaka ihuza Goma na Gisenyi irafunzwe by’agateganyo mu gukurikirana icyorezo cya Ebola, turakomeza kuganira n’abaturage bacu tubasobanurire impamvu byakozwe.”

 

Yakomeje asaba abaturage kwihanganira izi mpinduka, kuko amagara yabo akeneye kurengerwa.

 

Kuri ubu inzego z’ubuzima zikomeje gusuzuma Abanyarwanda bari kwambuka bava muri RDC, n’Abanye-Congo bari gutaha, kuko bo bakiri kwemererwa gukoresha imipaka.

 

Iki cyemezo kireba abakoresha imipaka ya Petite barrière, Grande barrière n’uwa Kabuhanga.

 

Ni mu gihe kugeza ubu imipaka ihuza Umujyi wa Rusizi na Bukavu yo iracyafunguye.

 

Mu mpera z’iki cyumweru nibwo byatangajwe ko mu Ntara ya Ituri habonetse umurwayi wa Ebola; ndetse ku wa Gatandatu Ikigo gishinzwe kurwanya no gukumira indwara z’ibyorezo muri Afurika, cyatangaje ko abanduye bageze kuri 336, mu gihe abapfuye ari 87.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *