Mon. Feb 9th, 2026

Umusifuzikazi Adeline Djonreba ukomoka muri Cameroon yatangaje abantu kubera gusifura umukino atwite inda y’amezi atanu.

Ibi byabereye mu mukino w’injojora rya gatatu ryo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026 cy’abagore Uganda yanganyirijemo iwayo na Zambia igitego 1-1 ku wa Gatandatu tariki 7 Gashyantare 2026. Adeline yari umusifuzi w’igitambaro muri uyu mukino wabereye kuri FUFA Stadium Kadiba i Kampala.

Adeline Djonreba uheruka guhembwa nk’umusifuzi mwiza wo ku ruhande muri Cameroon mu 2025, binyuze mu bihembo bitangwa muri shampiyona y’Icyiciro mbere mu bagore, yasifuye uyu mukino ubanza muri iki cyiciro atwite inda y’amezi atanu byatumye aba ikimenyabose ku mbugankoranyambaga.

Uretse gusifura imikino y’abagore kandi Adeline Djonerba anasifura imikino ya Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu bagabo iwabo muri Cameroon, aho aheruka kuvuga ko ashimira umugabo we umwemerera gukora aka kazi.

Adeline Djonerba (Ubanza iburyo) yasifuye umukino wahuje Uganda U20 na Zambian 20 mu bagore, atwite inda y'amezi atanu

Adeline Djonerba (Ubanza iburyo) yasifuye umukino wahuje Uganda U20 na Zambian 20 mu bagore, atwite inda y’amezi atanu

Adeline Djonreba yasifuye umukino atwite inda y’amezi atanu

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *