Tue. Jul 21st, 2026

Ikipe y’Igihugu ya Espagne yegukanye Igikombe cy’Isi cya 2026 cyabereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Mexico, nyuma yo gutsinda Argentine igitego 1-0 mu mukino wakinwe iminota 120 ku Cyumweru, tariki ya 19 Nyakanga 2026.

Ni umukino wabereye kuri MetLife Stadium witabirwa n’abarimo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump, umugore Melania Trump, Perezida wa FIFA Gianni Infantino n’abandi batandukanye.

Ni umukino watangiye wihuta ku mpande zombi buri kipe igerageza kurema uburyo bwo gutsinda igitego, ariko umupira wihariwe n’abakinnyi ba Espagne bahererekanyaga cyane mu kibuga hagati ishaka kwinjira mu rubuga rw’amahina rwa Argentine.

Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa.

Bwa mbere kuva mu 1966, Argentine yasoje igice cya mbere cy’umukino w’Igikombe cy’Isi idateye mu izamu mu gihe amashoti atatu yabonetse mu mukino, ari yo make yabonetse mu gice cya mbere cy’umukino wa nyuma kuva mu 1966.

Mu igice cya kabiri, Espagne yakomeje gusatira cyane ishaka gufungura amazamu ariko ikagorwa n’umunyezamuwa Argentine, Emiliano Martínez, wakuyemo imipira 10 yabazwe.

Ku munota wa 90+3, Argentine yasigaye ari abakinnyi 10 nyuma y’uko Enzo Fernandez yeretswe ikarita y’umuhondo yavuyemo itukura ku  ikosa yakoreye Pau Cubarsi.

Iminota 90 isanzwe y’umukino yarangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa, hitabazwa iminota 30 y’inyongera.

Byasabye gutegereza ku munota 106’ kugira ngo Espagne ifungure amazamu ku gitego cyatsinzwe na Ferran Torres ku ishoti rikomeye yatereye mu rubuga rw’amahina.

Iki gitego cyatumye Ferran Torres aba umukinnyi wa kabiri winjiye mu kibuga asimbuye agatsinda igitego cy’intsinzi ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi. Byaherukaga mu 2014, bikorwa na Mario Götze  ubwo u Budage bwatsindaga Argentine.

Umukino warangiye Espagne itsinze Argentine  igitego 1-0 yegukana Igikombe cy’Isi cya 2026 cyakinwe ku nshuro ya 23.

Ni igikombe cya kabiri iki gihugu cyegukanye, nyuma y’icyo mu 2010 yatwaye itsinze u Buholandi igitego 1-0 cyinjijwe na Andrés Iniesta ubwo iri rushanwa ryari ryabereye muri Afurika y’Epfo.

Iki gikombe Espagne yatwaye cyaherekejwe na miliyoni 50 z’amadolari y’Amerika a(asaga miliyari 66 z’amafaranga y’u Rwanda).

Argentine ya kabiri yahawe miliyoni miliyoni 33z’amadolarinya Amerika, u Bwongereza bwa gatatu bwahawe miliyoni 29 z’amadolari mu gihe u Bufaransa bwasoreje ku mwanya wa kane wahawe miliyoni 27 ya Amerika.

Myugariro Pau Cubarsi wa Espagne, w’imyaka 19 ni we wabaye umukinnyi muto w’irushanwa naho Unai Simon wa Espagne usanzwe ukinira Athletic Club ni we munyezamu w’irushanwa nyuma yo kwinjizwa igitego kimwe mu Gikombe cy’Isi.

Kapiteni wa Espagne Rodri usanzwe ukinira Manchester City yo mu Bwongereza, ni we wahembwe nk’umukinnyi w’irushanwa ry’Igikombe cy’Isi mu gihe Umufaransa Kylian Mbappé ari we wahawe urukweto rwa zahabu nyuma yo gusoza irushanwa afite ibitego byinshi (10), arusha Lionel Messi ibitego bibiri.

Abakinnyi Espagane yabanje mu kibuga
Abakinnyi Argentine yabanje mu kibuga

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *