Wed. Apr 29th, 2026

Paris Saint Germain yatsinze Bayern Munich ibitego 5-4 mu mukino ubanza wa ½ cya UEFA Champions League wabereye i Parc de Princes mu Bufaransa.

 

Uyu mukino wari utegerejwe na benshi kuko iyi kipe yo mu Bufaransa ni yo ifite igikombe giheruka, mu gihe iyo mu Budage iri mu makipe ahagaze neza cyane uyu mwaka.

Ni umukino watangiye wihuta, Luis Díaz yakorewe ikosa mu rubuga rw’amahina, umusifuzi atanga penaliti.

Yatsinzwe neza na Harry Kane, Bayern Munich ifungura amazamu ku munota wa 16.

PSG ntiyatinze kugombora kuko Khvicha Kvaratskhelia yazamukanye umupira neza mu ruhande rw’iburyo yishyura igitego ku munota wa 24.

Iyi kipe yakomeje gukina no gusatira bikomeye. Ku munota wa 33, Ousmane Dembélé yateye koruneri neza João Neves akina n’umutwe atsinda igitego cya kabiri cya PSG.

Ibitego byakomeje kurumbuka, ku munota wa 41, Michael Olise yazamukanye umupira yihuta yishyura igitego cya kabiri.

Mu mpera z’igice cya mbere, Dembélé yahinduye umupira y’izamu, Alphonso Davies awukura n’akaboko mu rubuga rw’amahina, umusifuzi nyuma yo kwifashisha VAR atanga penaliti.

Yatsinzwe neza na Dembélé, igice cya mbere kirangira Paris Saint Germain yatsinze Bayern Munich ibitego 3-2.

Umukino wakomeje kuryoha no mu gice cya kabiri ari na ko ibitego bikomeza kurumbuka.

Ku munota wa 56, Kvaratskhelia yatsinze igitego cya Kane, bidatinze Dembélé atsinda icya gatanu nyuma y’iminota ibiri gusa.

Mu gihe benshi bibwiraga ko PSG igiye gusoza umukino mu buryo bworoshye, Dalot Opamecano yatsinze igitego cya gatatu cya Bayern Munich ku mupira wari uvuye kuri coup franc agakinisha umutwe.

Ntibyatinze kuko nyuma y’iminota itatu, Luis Díaz yatsinze igitego cyiza cya kane.

Umutoza wa PSG, Luis Enrique yahise akora impinduka ashyiramo abakinnyi bugarira nka Theo Hernandez.

Ku munota wa 86, Vitinha yazamukanye umupira yihuta cyane awucomekera Mayulu ateye ishoti umupira ukubita umutambiko w’izamu uvamo.

Umukino warangiye Paris Saint Germain yatsinze Bayern Munich ibitego 5-4.

Umukino wo kwishyura uzabera mu Budage kuri Allianz Arena, ku wa Gatatu, tariki ya 6 Gicurasi 2026.

Undi mukino wa ½ uzahuza Atletico Madrid na Arsenal, ku wa Gatatu, tariki ya 29 Mata 2026, Saa 21:00.

Harry Kane yishimira igitego cya mbere cya Bayern Munich

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *