Mon. Aug 3rd, 2026

Umunyarwanda ukina mu kibuga hagati, Mugisha Bonheur uzwi nka Casemiro, yasinyiye ikipe ya Al-hazem FC ikina Shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Saudi Arabia.


Ku cyumweru tariki 2 Kanama 2026, nibwo Al-hazem FC yatangaje ko yasinyishije umukinnyi wo hagati mu kibuga Mugisha Bonheur wari umukinnyi wa Al Masry ikina Shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Misiri.

Mu butumwa bwo guha ikaze Mugisha Bonheur, Al-hazem FC yatangaje ko byamaze kurangira Casemiro ari umukinnyi wayo bazatangirana saison 2026/2027.

Urugendo rwa Casemiro rukomeje kumubera rwiza kuko ava mu ikipe nziza akajya mu yisumbuye kuyo yari arimo. Mugisha Bonheur avuye muri Al Masry yo mu Misiri ayihesheje umwanya wa Gatanu n’amanota 40 ndetse yanegukanye igikombe cy’igihugu mu mwaka ushize nyuma yo gutsinda ENPPI Sporting Club.

Yerekeje muri Saudi Arabia muri Al hazem FC yabaye iya cyenda mu mwaka ushize w’imikino muri Saudi Pro League ikinamo Cristiano Ronaldo na Karim Benzema. Mugisha Bonheur agiye kujya ahurira mu kibuga n’ibi bihangange yakuze areba ndetse akunda cyane.

Al hazem FC ikomeje urugendo rwo kwiyubaka kugira ngo irebe ko umwaka utaha w’imikino yazagera ku byiza birenze ibyo yagezeho muri uyu mwaka ushize w’imikino. Ntabwo ari Bonheur gusa wasinye muri iyi kipe kuko yanatangaje ko Ayman Al-Hajili Hazmawi, Walid Al-Shangiti na Mohamed Amin bin, ari abakinnyi bayo.

Mugisha Bonheur ni umukinnyi mushya wa Al hazem FC yo muri Saudi Arabia

 

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *