Wed. Aug 5th, 2026

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje ko yatangiye kwakira kandidatire z’abifuza guhatanira umwanya w’Umudepite uhagarariye urubyiruko mu Nteko Ishinga Amategeko, nyuma y’iyegura rya Venuste Icyitegetse wari kuri uwo mwanya.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 4 Kanama, NEC yavuze ko uwo mwanya ukeneye gushyirwamo umuntu nyuma y’uko Icyitegetse yeguye ku mirimo ye nk’Umudepite. Iyegura rye ryamenyeshejwe Inteko Ishinga Amategeko na Perezida  w’Umutwe w’Abadepite  mu ibaruwa yo ku wa 11 Kamena.

Icyitegetse yari umwe mu bagize Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe Ingengo y’Imari n’Umutungo bya Leta. Yari yaratorewe kuba umwe mu Badepite babiri bahagarariye urubyiruko mu Nteko Ishinga Amategeko igizwe n’Abadepite 80, mu matora yabaye muri Nyakanga 2024.

Nk’uko biteganywa n’itegeko rigenga amatora, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora ni yo ifite inshingano zo gutegura amatora yo gusimbura Umudepite utaratowe anyuze ku rutonde rw’ishyaka rya politiki cyangwa ihuriro ry’amashyaka.

NEC yavuze ko uwifuza kwiyamamaza agomba kuba ari Umunyarwanda ufite hagati y’imyaka 21 na 30 y’amavuko, azwiho ubunyangamugayo kandi yujuje ibisabwa n’amategeko kugira ngo ahatanire uwo mwanya.

Abakandida basabwa gutanga ibaruwa isaba kwemererwa gutanga kandidatire, umwirondoro (CV), kopi y’indangamuntu, icyemezo cy’amavuko, icyemezo cy’imyitwarire myiza, amafoto abiri magufi y’amabara (passport photos), icyemezo cy’uko nta byaha yakoze, icyemezo cya muganga cyerekana ubuzima bwe, ndetse n’inyandiko yashyizeho umukono yemeza ko amakuru yatanze ari ukuri.

Kwakira kandidatire bizabera ku cyicaro gikuru cya NEC kuva ku wa 10 kugeza ku wa 14 Kanama, buri munsi guhera saa tatu za mu gitondo kugeza saa kumi n’imwe z’umugoroba. Hakurikijwe ingengabihe y’amatora, urutonde rw’agateganyo rw’abakandida bemerewe kwiyamamaza ruzatangazwa ku wa 17 Kanama, naho urwa nyuma rutangazwe ku wa 25 Kanama.

Kwiyamamaza n’amatora yo kuzuza umwanya w’Umudepite uhagarariye urubyiruko bizaba ku wa 2 Nzeri. Ibyavuye mu matora by’agateganyo bizatangazwa uwo munsi, mu gihe ibyavuye mu matora bya burundu biteganyijwe gutangazwa ku wa 9 Nzeri.

Hon. Icyitegetse Vénutse yeguye ku mpamvu yise ize bwite

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *